Serivisi za Notariya

1.       IBYICIRO BY’ABANOTERI

Abanoteri bari mu byiciro bikurikira:

  1.  umukozi wa Leta ufite mu nshingano imirimo y’ubunoteri muri Minisiteri;
  2. Ambasaderi cyangwa Umunyamabanga wa mbere wa Ambasade mu gihe Ambasaderi adahari;
  3. umukozi ushinzwe imirimo y’ubunoteri muri Serivisi ya Leta ifite guteza imbere ishoramari mu nshingano zayo;
  4.  umukozi w’Akarere ufite mu nshingano ze ibijyanye n’amategeko;
  5. umukozi w’Akarere ku rwego rw’Umurenge ufite mu nshingano ze gukemura ibibazo by’abaturage;
  6.  abakozi bafite mu nshingano ibijyanye n’ubutaka ari bo:

    a.       Umubitsi w’Impapurompamo;

    b. Umubitsi w’Impapurompamo Wungirije n’umukozi ufite mu nshingano ze iyandikisha ry’ubutaka n’ibijyanye n’amategeko mu ifasi y’iyandikisha ry’ubutaka igihe Umubitsi Impapurompamo Wungirije adahari;

    c.       Umukozi ukuriye ibiro by’ubutaka ku rwego rw’Akarere;

    d.      Umukozi ufite ubutaka mu nshingano ku rwego rw’Umurenge; 

  7. Undi muntu wese wikorera wabiherewe ububasha na Minisitiri.

  2.       IBISABWA KUGIRA NGO UMUNTU ABE NOTERI

Kugira ngo umuntu akore umurimo w’ubunoteri agomba kuba yujuje ibi bikurikira:

  1.  kuba afite ubwenegihugu nyarwanda;
  2. kuba afite imyaka y’ubukure yemewe n’amategeko;
  3.  kuba afite nibura impamyabumenyi ihanitse mu mategeko cyangwa ihwanye nayo;
  4. kuba atarigeze guhanishwa igihano cy’igifungo cyabaye ndakuka kingana cyangwa kirengeje amezi atandatu (6) kitahanaguwe n’imbabazi z’itegeko cyangwa ihanagurabusembwa;
  5. kuba atarirukanywe ku kazi yakoraga biturutse ku bihano byo mu rwego rw’imyitwarire;
  6.  kugira uburambe bw’imyaka nibura itanu (5) mu kazi kerekeranye n’amategeko igihe ari umunoteri wikorera.

3.       IBITABANGIKANYWA N’UMURIMO W’UBUNOTERI

  1. Umunoteri ntiyemerewe gukora imirimo ikurikira: 
  2. ubucamanza;
  3. ubushinjacyaha;
  4. ubuhesha bw’inkiko;
  5. ubwanditsi bw’urukiko;
  6. undi murimo wa Leta cyangwa w’uwikorera uretse uwabiherewe ububasha na Minisitiri.

  4.       Ibisabwa kugira ngo inyandiko ishyirweho umukono:

  1.  Kitansi igaragaza ubwishyu bw’inyandiko isabirwa gushyiraho umukono wa noteri, yishyurwa muri RRA;
  2. Inyandiko ikeneye serivisi ya noteri;
  3. Inyandiko z’irangamimerere zakorewe mu bwanditsi bw’irangamimerere zigomba kuba zujujwe neza n’umwanditsi w’irangamimerere, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge, kandi ari we ubwe wazishyizeho umukono.

 Ibisobanuro birambuye wabisanga mu itegeko N0 13 bis/2014 ryo ku wa 21/05/2014, mu igazeti ya Repubulika y’u Rwanda N0 Special bis yo ku wa 29/05/2014. kanda hano wisomere itegeko