Abanyarwanda birukamwe muri Tanzania butujwe muri Gasabo batewe inkunga

 

Taliki ya 14/05/2015 umwe mu bafatanya bikorwa b’Akarere ka Gasabo witwa DIRECT AID yaremeye abanyarwanda birukanywe muri Tanzania;ubu bakaba  baratujwe mu Murenge wa Jabana, mu karere ka Gasabo.  Bahawe ibikoresho byo munzu birimo; Imifariso, Ibitanda, Ibiringiti  hamwe n’Intebe.

Abatujwe muri  uyu  Murenge bose hamwe  ni abantu ijana na mirongo itandatu na batandatu(166) bagizwe n’imiryango mirongo Ine n’umunani (48). Buri muryango wahawe imifariso 3, ibitanda 3, Ibiringiti 3,  hamwe n’intebe 3 .Ibyatanzwe  byose bifite agaciro ka milliyoni 15.000.000 z’amafaranga y’U Rwanda.

 

Umushyitsi mukuru muri uyu  muhango yari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri Ibiza no Gucyura Impunzi  Bwana RUVEBANA  Antoine, mu ijambo rye  yashimiye aba banyarwanda uko basa, kandi bakaba  bataganya. Yongeye ashimira Leta y’URwanda  kuba yaremereye abafatanyabikorwa nka DIRECT AID  kuza gukorera mu Rwanda.

Yakomeje ashimira nanone  n’Ubuyobozi bw’ Akarere ka Gasabo ku bikorwa byiza bakoze kubera ko ari kamwe mu Turere tumaze gutanga amazu yubakishije ibikoresho byiza kandi biramba.

Yongeye kwibutsa abo Banyarwanda ko bagomba kwitegura kujya mu mazu yabo kandi banatekereza icyo bakora kugirango bashobore kwiteza imbere kuko batazahora bafashwa kandi bakabana neza nabandi Banyarwanda bahasanze.

 Mubandi  bayobozi bari bitabiriye uyu muhango harimo Umuyobozi w’akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe ubukungu  wari uhagarariye  Akarere ka Gasabo  yashimiye abafatanya bikorwa b’Akarere ku gikorwa cyiza bakoze. Yaboneyeho kandi umwanya wo guha aba banyarwanda batujwe mu Murenge wa Jabana icyizere cy’uko mu gihe cya vuba amazu bubakirwa azaba yarangiye bakayaturamo.

Uhagarariye aba Banyarwanda nawe yahawe umwanya wo kugeza ku bari bitabiriye uyu muhango ijambo  nawe atangira ashima   Leta y’uRwanda,  by’umwihariko Akarere ka Gasabo uko bakiriwe no kugeza ubu uko bafashwe. Mu rwego rwo kwiteza imbere  abagore cumi  na  bane(14) bashyizwe muri VUP.