AMAKURU Y’IBIKORWA MURI SERIVISI YA OSC (Kanda Hano)

A SHORT BRIEFING ON MUSANZE TOWN URBANIZATION_2020

Akarere ka Musanze karishimira bimwe mu Bikorwa Remezo by’ingenzi byagezweho ku bufatanye bw’inzego zitandukanye kw’ikubitiro harimo Leta y’u Rwanda, abaterankunga batandukanye n’abikorera ku giti cyabo.  Ibi bikaba binemezwa n’icyegeranyo cy’uburyo abaturage bishimira serivisi z’ibikorwa remezo bagejejweho (Citizen report Card 2016) aho kaje ku isonga mu Ntara y’Amajyaruguru.

Bimwe muri ibi bikorwa Akarere kishimira bikubiye muri izi nzego zikurikira:

1) Imihanda n’amateme

2) Amashanyarazi

3) Amazi meza n’isukura

I. IMIHANDA YA KABURIMBO N’AMATEME

No

UMUHANDA

UBUREBURE

UMURENGE

1

Icyiciro cya mbere cy’imihanda  ya kaburimbo mu Mujyi wa Musanze Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yemereye abaturage

5km

Muhoza

2

Umuhanda wa Kaburimbo werekeza muri Gare ya Musanze

0.75km

Muhoza

3

Umuhanda wa Musanze-Nyakinama

9.056km

Muhoza, Muko na Nkotsi

4

Umuhanda wa Kigali-Musanze-Rubavu (Igice cya Musanze)

22km

Rwaza, Muhoza, Kimonyi, Gataraga na Busogo

5

Umuhanda wa Musanze-Kinigi

21.45km

Cyuve, Nyange na Kinigi

TOTAL

58.256Km

Byongeye kuri iyi mihanda yavuzwe haruguru, Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze burakomeza gushimira Leta y’u Rwanda kuri ibi bikurikira:

  1. Umuhanda wa Musanze-Cyanika wari umaze kwangirika ku buryo bukabije Ukaba watangiye gukorwa. Igice cya Musanze kikaba gifite uburebure bwa 10.4km
  2. Umujyi wa Musanze watoranyijwe kuba umwe mu Mijyi yo ku rwego rwa kabiri yunganira umujyi wa Kigali none ukaba ufite amahirwe yo gukorerwa imihanda n’ibindi bikorwa ku nkunga ya Banki y’Isi na Leta y’u Rwanda

INGARUKA NZIZA ZATEWE N’IKORWA RY’IYI MIHANDA

Ø  Iyi mihanda yafashije kwihutisha iterambere ry’Umujyi wa Musanze, aho abikorera batangiye kuvugurura inyubako zabo bubaka inzu zijyanye n’iterambere ndetse n’Igishushanyo mbonera cy’Umujyi,

Ø  Imihanda iri gufasha gushyira mu bikorwa igishushanyo mbonera cy’Umujyi,

Ø  Kubera amatara aboneshereza umujyi yashyizwe ku mihanda (Public light), byatumye amasaha y’akazi yiyongera ndetse birushaho kongera ubwiza bw’umujyi

IMIHANDA Y’AMABUYE ACONZE

Mu rwego rw’igeragezwa ryo kubaka imihanda hakoreshejwe amabuye aconze, mu Mujyi wa Musanze hari kubakwa umuhanda wa Motel Nyamagumba-Auberge Ikaze-Karisimbi ufite uburebure bwa 2.380km

Imihanda y’itaka yasanwe (Imihanda ya Leta n’iy’Akarere urwego rwa 1

No

UMUHANDA

UBUREBURE (Km)

IMIRENGE UNYURAMO

1

Busogo-Rwinzovu-Kinigi

18.2km

Busogo, Gataraga, Shingiro na Kinigi

2

Nyakinama-Kinkware-Vunga

1.7km

Nkotsi

3

Gicuma-Cyabingo

2.4km

Rwaza

4

Rwasirizo-Rugeshi

9 Km

Nkotsi

5

Sonrise-Cyuve-Gasiza-Chez Binyavanga

7.2Km

Cyuve na Nyange

6

Gataraga-Shingiro

8.6km

Shingiro

7

Musanze-Nyabitsinde

11.4km

Musanze

8

Ruvunda-Kitabura-Muko

13.1km

Kimonyi na Muko

 

Kiryi-Remera-Kivuruga

21.2km

Gacaca, Remera na Gashaki

 

Gahunga-Kinigi

 

12.8km

 

Nyange na Kinigi

 

Hanubatswe bimwe ni biraro:

-          Ikiraro cya Regina Pacis mu Kizungu ku mwuzi wa Rwebeya cyubatswe ku nkunga ya GoR/LODA

-          Ikiraro cyubatswe ku muhanda wa Nyamagumba-Auberge-Karisimbi ku mwuzi wa Rwebeya

-          Ikiraro cya Muhe ku muhanda wa Nyamagumba-Auberge-Karisimbi cyubatswe n’abaturage ku nkunga y’Akarere

-          Ibiraro byubatswe kuri imwe mu mihanda y’itaka yakozwe (Ndabanyurahe-Gasiza-Kanyereza: Hubatsweho ibiraro bine (Rwebeya, Nyabutoshwa, Cyuve na Kuzi)

Bimwe mubyo iyi mihanda imariye abaturage:

Ø  Gufasha no korohereza abaturage kubona uko bageza ku buryo bworoshye inyongeramusaruro mu mirima no kugeza umusaruro wabo ku masoko,

Ø  Imihanda yagiye ituma igiciro cy’ubwikorezi n’urugendo kigabanuka mu gace inyuramo,

Ø  Kongera no koroshya imigenderanire n’ubuhahirane hagati y’ibice bitandukanye by’Icyaro n’Umujyi,

Ø  Kwihutisha iterambere ry’icyaro, cyane cyane kuri Santeri z’ubucuruzi imihanda inyuraho.

II. AMASHANYARAZI

·         Mu rwego rwo gukwirakwiza no kwegereza abaturage Ibikorwa Remezo by’Amashanyarazi, Akarere ka Musanze ku bufatanye n’abaturage n’abandi bafatanyabikorwa (Guverinoma y’u Rwanda na REG) hubatswe imiyoboro itandukanye y’amashanyarazi (Moyenne tension na Basse tension: Shingiro-Musanze, Bisate-Kinigi-Gasiza, Ligne ijya Gashaki, Ligne Rwaza…),

·         Kubera iyi mpamvu, byatumye abaturage bakoresha amashanyarazi bava ku ijanisha rya 18.6% =(14,529/78,023) ry’ingo mu mwaka wa 2010 bagera kuri 29%= (24.127/84.275)

·         Imirenge yose uko ari 15 y’Akarere ka Musanze igeramo amashanyarazi

Ingaruka nziza zo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi

       Imirenge yose igize Akarere ka Musanze yagezweho n’amashanyarazi, bityo byagize ingaruka nziza mu kwihutisha serivisi zihabwa abaturage kubwo gukoresha ikoranabuhanga,

       Byongereye iterambere rya Santeri z’ubucuruzi ari nako hagiye habaho abantu bashya bihangiye imirimo (Kogosha, inganda nto zikora imikati, gusudira n’ibindi);

       Abana b’abanyeshuri babonye uburyo bwiza bwo kwigira mu rugo ndetse n’amasaha yo kwiga ariyongera, cyane ko muri gahunda ya Leta ya 9&12YBE abanyeshuri biga bataha mu rugo;

       Amafaranga yakoreshwaga mu ngo bagura Peteroli,Buji n’inkwi byo kumurika no gutekesha byaragabanutse ugereranyije n’amafaranga bishyura umuriro

III. AMAZI ISUKU N’ISUKURA

Ishusho rusange y’Akarere mu bijyanye no kwegereza Abaturage Ibikorwa Remezo by’Amazi Meza

       Ingo zifite amazi meza mu cyaro ni 89% (327.758/368.267)

       Ingo zikoresha amazi meza mu Mujyi ni 92% (346.170/368.267)

BIMWE MU BIKORWA BY’INGENZI BYAKOZWE MU MYAKA 5 ISHIZE

No

Ibyakozwe 

Umubare

1

Abaturage begerejwe amazi meza ku miyoboro mishyashya

102,392

2

Abaturage begerejwe amazi meza ku miyoboro yasanwe ikanongerwa

70,920

3

Amashuri yahawe amazi

82/103

4

Ibigo nderabuzima bifite amazi

16/16

5

Ibigo byahawe ibigega bifata amazi y’imvura

82/103

6

Ibigo nderabuzima byahawe ibigega bifata amazi y’imvura

11

7

Ingo zifite ubwiherero bwujuje ibyangombwa

30,392/84,756

8

Amashuri yubakiwe ubwiherero bugezweho

62

9

Ibigo nderabuzima byubakiwe ubwiherero bugezweho

13

10

Ibigo nderabuzima byubakiwe incinerators

13

11

Umubare w’abantu bahuguwe ku isuku n’isukura

5,402